spot_img
Ahabanza Blog Page 62

KWIKINISHA: Igikorwa kitavugwaho rumwe n’abantu benshi, Reba ibyiza n’ibibi byabyo.

0

Kwikinisha bimaze kuba umuco mubantu benshi, bamwe mu babikora bemeza ko ari uburyo bwiza bwo gusobanukirwa umubiri wawe, ibi rero ngo bituma ubikoze yumva anezerewe ndetse bikamufasha guhaza irari ry’ibyerekeye imibonano mpuzabitsina bitamusabye gushaka uwo bayikorana.

Ubushakashatsi bumwe bwerekana neza ko uretse ibinyoma akenshi bihimbwa n’abagamije gucuruza, ubundi kwikinisha mu gihe cya nyacyo nta ngaruka zikomeye bigira kubuzima bw’umuntu. Icyakora ubundi bukavuga ko byangiza umubiri wawe ndetse n’ubuzima bwawe bwa buri munsi mugihe ubigize akamenyero muburyo buhoraho.

Icyakora igice kinini cy’abantu bemeza ko kwikinisha ari bibi ndetse ko bigira ingaruka mbi kubuzima.

Ariko se mu by’ukuri ibibi byo kwikinisha nibihe?
Ubusanzwe ikintu gishobora kukugira ingaruka ariko ugasanga atari ingaruka zigaragara inyuma ku mubiri. Ninayo mpamvu iyo bigeze ku ngingo yo kwikinisha usanga abantu benshi iyo babikoze basigarana ikimeze nk’ikimwaro ndetse n’ubwoba ko bishobora kubabaho karande.

Ku ngingo y’ikimwaro no kwishinja icyaha, akenshi usanga abantu babigira biturutse ku muco waho umuntu akomoka, imitekerereze ku mutima we cyangwa se idini asengeramo. Ababikora bavuga ko ubusanzwe kwikinisha atari ikintu kibi, cyangwa se cy’ubugwari. Ariko nanone kurundi ruhande uwabikoze iyo yibutse ko igikorwa ubundi cy’abantu babiri agikoze wenyine usanga asigara yigaya ndetse agatangira kwiyumvisha ko haricyo abura mumubiri we. amadini hafi ya yose afata kwikinisha nk’icyaha, ninayo mpamvu umuntu usenga iyo yikinishije asigarana icyoba cyinshi kuko nubundi biba bifatwa nk’ubusambanyi.

Kuba imbata yo kwikinisha nabyo nimwe mu ngaruka zo kwikinisha, hari abantu usanga barabaswe no kwikinisha cyane kurenza uko buri wese yabyumva, ibi rero ni bibi cyane kuko bishobora kwangiza ubuzima bwawe. Nubona umwanya wawe munini uwuta mu kwikinisha uzamenye ko kakubabyeho, ibi bikurikira nibimwe mu byerekana umuntu wabaye imbata yo kwikinisha:

▪Guhagarika imirimo yawe ya buri munsi uri kwikinisha
▪Gusiba/gukererwa akazi cyangwa ishuri uri kwikinisha
▪Gusubika gahunda wari ufitanye na bagenzi bawe
Kubura mu birori binyuranye bihuza urungano uri kkwikinisha

Kwikinisha birenze urugero byangiza umubano ufitanye na bagenzi bawe, bishobora kukwicira ubuzima muburyo bwa burundu, kubera ko bishobora gutuma wirukanwa kukazi/ ku ishuri. Uretse ibyo bishobora kugutandukanya n’umukunzi wawe kuko bigeraho ukamuburira igihe cyo kumwitaho bitewe nuko ibyo wari kumukurikiraho uba wabyisoreje.

Kwikinisha nubwo uwubikoze haribyo aruhuka ariko burya bivugwa ko bigira ingaruka mbi ku bagabo kurusha ku bagore, bivugwa ku bagore basanzwe batagira ubushake bwinshi bwo gukora imibonano mpuzabitsina, kwikinisha bishobobora kubongerera irari ry’imibonano mpuzabitsina. Ni mugihe ku bagabo bakunda kwikinisha ahubwo usanga bitandukanye kuko bibagabanyiriza ubushobozi bwo gukora imibonano mpuzabitsina.
Ibyiza byo kwikisha nibi:

Bimwe mubyo kwikinisha bifasha ababikora harmimo:
▪kugabanya umunaniro wo mu mutwe
▪gusinzira neza
▪umunezero
▪kwimara ipfa/irari ry’imibonano mpuzabitsina
▪Kubona ibyishimo udategereje undi muntu
▪Birinda indwara zandurira mumibonano mpuzabitsina.

Ku bagore batwite mu gihe bagirwa yo kudakora imibonano mpuzabitsina inshuro nyinshi, bivugwa ko kwikinisha aribwo buryo bwabafasha kwimara irari ry’imibonano mpuzabitsina, ibi kandi ngo bibafasha kwivura umunaniro uba uri mu mugongo. Icyakora hari ubundi bushakashatsi buvuga ko kwikinisha ku bagore batwite bishobora kubabyarira ibindi bibazo mu mubiri imbere ndetse no ku mwana atwite.

Sobanukirwa byinshi ushobora kuba utaruzi ku bijyane n’ubugumba (Kutabyara).

0

Burya igitsina gabo gitangira kugira ubushobozi bwo kubyara kuva umwana w’ubuhungu abaye ingimbi kugeza avuye mubuzima bwo kuriyi si. Igitsina gore cyo gitangira kugira ubushobozi bwo gutanga urubyaro kuva umwana w’ubukobwa abaye umwangavu kugeza mu gihe cyo gucura (menopause).

Iki gihe cyo gucura ku bagore ahanini usanga kibarirwa ku myaka 45, nubwo hari abagore bamwe na bamwe bagiye bashobora gusama nyuma yiyo myaka ariko ntibikunze kubaho cyane. Bitandukanye n’abagabo bashobora gutanga intanga zivamo umwana ubuzima bwabo bwose, kubagore siko bimeze kubera ko baba bafite intanga ziri ku mubare ntarengwa. Abagore benshi bivugwa ko baba bafite amagi agera kuri miliyoni imwe mu mirerantanga yabo. Ni mugihe abagabo bashobora gukora intanga zibarirwa mu ma miliyoni menshi ku munsi umwe.

Ubushakashatsi bugereranya ko umubiri w’umugabo ukora uturemangingo tw’intanga tugera ku 1500 ku isegonda rimwe. Kugira ngo umugabo asohore intanga inshuro imwe gusa, haba hakozwe intanga zirenga miliyari umunani. Abagabo bashobora gukora intanga burimunsi, ariko kubagore siko bimeze kuko umubiri wabo nta bushobozu ufite bwo gukora kururwo rugero. Bizwiko ahubwo umugore akora intanga imwe rukumbi mukwezi kose, ibi nibyo benshi bita kujya mu mihango. Ibi rero bituma umugore ashobora gutanga urubyaro iminsi micye mukwezi, ni muminsi micye ikikije umunsi nyakuri agiraho mu mihango.

Nyuma yiyo mihango ya ntanga ye ishobora kubaho amasaha macye ari hagati ya 12 na 24. Intanga ngabo ishobora kumara iminsi hagati y’ibiri n’itatu nyuma yuko yinjiye mu myanya myibarukiro y’umugore. Uburumbuke bw’umugore mu gutanga urubyaro bugenda bukendera iyo ageze mu myaka 30, abagore bari munsi y’imyaka 30 baba bafite amahirwe yo gusama muburyo busanzwe angana na 25%. Hejuru y’imyaka 30 rero biragabuka bikagera kuri 20%, ku myaka 40 aya mahirwe aramanuka cyane Akagera kuri 5%.

Ku bagabo amahirwe yo gutanga urubyaro atangira kugabanukaho iyo bageze mu myaka 40 na 45. Ahanini biterwa n’imisemburo nka testosterone iba itangiye kugabanuka mu mubiri. Ikindi kandi ingano ndetse n’ubudahangarwa bw’intanga nabyo bitangira kugabanuka. gutanga urubyaro ku bagore ahanini usanga biterwa n’inkomoko, ibi rero bituma bavukana umubare utandukanye w’amagi avamo intanga zishobora gutanga urubyaro.

Ubugumba bugira ingaruka ku mugabo no ku mugore, ibibazo bituruka ku mikoreshereze mibi y’imiti no kwivuza bigira uruhare rungana na 40% ku bugumba bwibasira igitsina gore, 30% by’abantu babuze urubyari usanga biri ku bagabo, kukigero cya 20% usanga ubugumbu bwaribasiye umugore n’umugabo icyarimwe. Ubugumba bwibasira abagabo ahanini usanga buturuka kubuzima umuntu yanyuzemo, bushobora kuba bwaragize ingaruka zikomeye ku nzira z’imibereho y’intanga.

Ubugumba ku bagabo kandi bushobora no guturuka ku bisanira (imiryango), ingano y’umubiri w’umuntu (uburemere) nabyo bishobora gutera ubugumba yaba ku mugabo no kumugore. Kugira umubyibuho ukabije (ibiro birengeje urugero) cyangwa se kugira ibiro bicye cyane bishobora kubangamira imyanya y’imyororokere y’umubiri w’umuntu yaba umugore cyangwa umugabo. Ku kigero cya 12% abagore bafite ikibazo cy’ubugumba usanga barabutewe no kugira ibiro birengeje urugero cyangwa ugasanga afite ibiro bidashyitse (bicye cyane kuburyo bukabije).

Kunywa itabi nabyo bishobora kugira uruhare mubugumba bw’umugabo cyangwa umugore, bivugwa ko itabi rigira uruhare rwa 13% mugutera abantu ubugumba.

Wari uziko atari byiza kwambika umwana muto agapfukamunwa. Menya impamvu.

0

Ababyeyi baragirwa inama yo kutambika abana babo udupfukamunwa, cyane cyane abana bafite imyaka itatu gusubiza hasi.

Ikigo gishinzwe ubuzima mu bwongereza kiraburira abatuye isi ko kwambika aba bana udupfukamunwa, bishobora kubatera ibibazo mu buhemekero ndetse bakaba bashobora guhura nikibazo cyo kubura umwuka (asphyxia) ndetse bakaba banapfa kubera umwuka mucye. Uku kuburira abantu bose byatangajwe mu gihe mu bwongereza hasohotse itegeko ko buri muntu wese ugiye mubantu agomba kwambara agapfukamunwa cyane cyane ahahurira abantu benshi nko mu isoko.

Aba batangiye kubigiraho ikibazo nyuma yahoo udupfukamunwa twatangiye kugurishwa no mu bana bato. Profeseri Viv Bennett avuga ko bakimara kumva ibigo by’ubucuruzi byamamaza ko byazanye udupfukamunwa tw’abana bato ndetse n’abigiye hejuru byahise bibatera impungenge. Uyu yagize ati: “ubutumwa buburira burahari kandi burasobanutse neza, abana bafite imyaka itatu no munsi yayo ntibakwiye kwambara udupfukamunwa cyangwa ikindi gitwikira mu isura”.

Yakomeje agira ati: “utu dupfukamunwa ntibakwiye kudukoresha na gato, nukubera ko dushobora gutuma inzira zitwara umwuka zifunga ndetse bigatuma umwana abura umwuka wo guhumeka akaba yanapfa. Niba wowe cyangwa umwana wawe agaragaza ibimenyetso bya Covid-19 ukwiye kwipimisha ubundi ukaguma ahantu hamwe kugeza igihe uboneye ibisubizo byuko muhagaze”.

Leta zimwe na zimwe zagiye zibisobanura neza ko umwana kimwe nundi muntu wese udafite ubushobozi bwo kuba yakwikuriramo agapfukamunwa, uwo adakwiye no kukambara cyangwa ngo akambikwe, sibyiza ako igikoresho cyakabaye kirinda umuntu cyane cyane umwana ahubwo aricyo gishobora kumwangiza. Ubusanzwe inzira z’ubuhemekero ku bana bato ziba zitaragira ubwirinzi buhagije, iyo hajemo rero no kugorana mu guhumeka biba ikibazo gikomeye cyane kuri bo.

Buri wese rero akwiye kumenya umuntu wagakwiye kwambara agapfukamunwa ndetse nuwukwije imyaka yo kukambara akakambara neza.

Mu by’ukuri wowe ubona ariki gituma utagira umukunzi? Dore icyo wakora ukamubona bitakugoye.

0

Ugendeye kuri siyansi, cyangwa se ukagendera ku bitekerezo bya benshi mu batuye isi, bakubwira ko urukundo aricyo kintu cya mbere cyiza yaba mu mitekerereze ya muntu, mu mibereho mubuzima busanzwe ndetse no mu myemerere, ni muri urwo rwego burya urukundo bigoranye kugira ikindi kintu ubigereranya.

Icyakora nubwo aruko biri, abandi bemeza ko kubona urukundo rwa nyarwo aricyo kintu kigoye kurusha ibindi. Akenshi umuntu mukundana ndetse mugakomezanya ubuzima siwe muntu uba warakuze utekereza cyangwa wiyumvamo. Muri macye dore ibintu byagufasha kubona umukunzi bitakugoye na gato.

Burya ntukibwire ko urukundo rwa nyarwo ugenda urushakisha, ahubwo rurakwizanira.
Umwalimu muri kaminuza ya Washington witwa Pepper Schwartz asanzwe ari inzobere mu mibanire n’abantu, uyu avuga ko urukundo burya ari nk’akazi kuko ngo akazi nako ntikabonwa n’umuntu ugashakisha kurusha abandi ahubwo hari nigihe kakugwirira utari ugakeneye cyane mugihe wawundi wirirwa ashakisha ashobora kumara igihe kinini ntacyo arageraho. Avuga ko bishoboka ko washakakisha uwo mukundana kubw’amahirwe ukabona ariko ngo ni gacye cyane biba. Yemeza ko umuntu w’ukuri mukundana ndetse mukaba mwazanabana ngo muhura by’impanuka ntanumwe wabitekerezaga. Akangurira abantu bose kudateshwa umutwe no gushaka umukunzi w’ukuri kuko isaha n’isaha akwizanira utabitekerezaga.

Niba ushaka umukunzi ujye ukunda kujya ahari abantu bakunda ibyo nawe ukunda cyane
Singombwa kujya aho abandi bantu bashaka ko ujya, ahubwo ukwiye kujya ahahurira abantu benshi ariko bakunda ibyo nawe ukunda. Prof Pepper avuga ko ibi bikorohera iyo ukora ibyo ukunda kuko ninabwo ubona abakunda ibyukunda. Nujya mu ishyaka rya politiki burya uzaba ufite amahirwe yo kuhahurira nabo mufite ibyiyumviro bimwe, nujya mu mikino runaka nabwo nuko bizamera, bishobora no kuragira uhakuye urukundo.

Niba ushaka urukundo rw’ukuri, ntugakunde kubana n’abakunda kuryoshya.
Ibi nukubera ko burya umuntu mubana mu buzima bwo kuryoshya usanga nta gahunda y’igihe kirekire iba ihari, ahubwo nibyiza kugendana n’umuntu mupanga imishinga y’igihe kirekire. Ibi bituma no mu bihe bibi wa muntu aba ahari, mu gihe wawundi wikundira kuryoshya aba yifuza kubaho mu buzima buryoshye gusa. Ukwiye kwibanda ku muntu uhora ashaka ibitekerezo bishya muri wowe ndetse nawe akabiguha, naho wawundi ukoza ibirenge mumeze neza gusa biba bigoranye ko yazavamo urukundo rw’ukuri.

Ukwiye kujya ubaho ugaragaraza umunezero ku maso
Ushobora kuba udafite umukunzi atari uko yabuze, ahubwo ahanini bituruka ku myitwarire yawe ya buri munsi. Wowe ubwawe niba uhorana umunabi, ushobora kugira uruhare mu gutuma ntanumwe utekereza no kukwikoza. Ukwiye kumenya ko umunezero ubwawo ukurura abantu benshi. Abantu nibakubona uhora ukeye ku maso burya nabo bifuza ku kuba iruhande bakagusobanukirwa kuko ntanumwe uba ukwishisha.

Niba uhorana umunabi, nta kizere wigirira wowe ubwawe, cyangwa burigihe ugahora ugaragaza ko ntakiza cyaturuka mubantu, uba uri kwiyicira amahirwe yo kubona umukunzi ugukwiye. Niba urangwa niyi myitwarire ukwiye kureba muganga akakugira inama, ukwiye kujya imyitozo ngororamubiri ukagabanya kwiheba ndetse ugahindura imirire kuko nayo yabigiramo uruhare.

Niba kandi ugira isoni zo kwegera umuntu ngo mutangire ikiganiro, gerageza uzigabanye, kuganira na bagenzi bawe, gusoma ibitabo, gusura imbuga za internet ni bimwe mu bishobora kugufasha kumenya uko wakwitwara ngo ukosore imyitwarire yawe ya buri munsi.

Dore impamvu zifatika zituma ukwiriye kujya uryamana cyane nabo mukorana.

0

Kuba inshuti zisanzwe nabantu mukorana burya nibyiza cyane, ariko nanone biza kuba byiza kurushaho iyo mubaye inshuti zikomeye kugeza naho muryamana. Ushobora kwibaza ko ibi arubusazi, ariko siko bimeze kuko ibi bizatuma yaba akazi kawe kagenda neza ndetse n’ikigo mukorera gitere imbere kurushaho.

Ndabizi kugeza nubu hari benshi batari kwiyumvisha ukuntu kuryamana hagati y’abantu bakora akazi kamwe, ari byiza ariko nibyo tugiye kugusobanurira muriyi nkuru. Ndetse komeza usome urebe impamvu zose zigomba gutuma utangira kuryamana na bagenzi bawe mukorana ndetse ibi byaba byiza abakozi benshi mukigo kimwe bagiye baryamana hagati yabo.

Bituma habaho ubumwe mubakozi: Ibi nukubera ko umuntu muryamana burya akenshi nubundi muba mwamaze kuba umwe, ibi rero bituma no mukazi mukomeza guhuza. Abakoresha benshi ndetse ibi ninabyo baba bifuza kuko iyo mwunze ubumwe mukora akazi neza ntabindi byo hanze mutekereza.

Akazi karakuryohera: Igihe cyose umuntu muryamana akorera ahantu hamwe nawe, burigihe uba wumva ukumbuye kukazi. Iyuri murugo uba wumva ubihiwe kuko uba waramenyereye kwiriranwa n’umukunzi wawe. Akazi karakuryohera cyane iyuzi neza ko nyuma y’akazi uri bwihembe imibonano mpuzabitsina ndetse nibindi bijyana n’urukundo.

Mu gihe uryamanye n’umukoresha wawe biba byiza kurushaho: Ntawe turi gukangurira gukorana imibonano n’abakozi be cyangwa n’abakoresha ariko ukwiye kumenya ko kuryamana na boss wawe harigihe ubyungukiramo cyane kurusha uko ari agasuzuguro nkuko bamwe babikeka. Ibi bishobora gutuma uzamurirwa umushahara cyangwa se ukazamurwa mu nzego kukazi kandi wanabonye ibyishimo by’umubiri.

Biguha umwanya w’imitekerereze mishya: Burya nta muntu muhuriza kubitekerezo byubaka, nk’umuntu mumaze kuryamana. Igihe cyose rero uhuza numwe mubo mukorana ninaho uzasanga umunsi kuwundi uhorana udushya kukazi kuko uba ufite umwunganizi muribyose kuri ako kazi.

Byoroshya ubuzima: Ibi nukubera ko ntagihe cyo guta umwanya ugira, abantu benshi usanga babura umwanya wo kuvugisha abakunzi babo, biturutse ku kuba badakora hamwe cyangwa se ugasanga kenshi bakora no mu bice bitandukanye by’igihugu. Ariko nanone iyo mukora hamwe murahorana ndetse mwese biborohera gupanga umwanya mwiza wo guhura mukaruhuka mumutwe kandi n’akazi kagakomeza.

Ese wowe wizera ko kuryamana nabo mukorana byateza akazi kawe imbere, cyane ahubwo ubona byakica?. Tubwire uko ubibona.

Dore bimwe mu bintu ukwiye kwitwararika mbere yuko usomana n’umuntu mudasanganywe.

0

Abahanga bemeza ko burya ari igitekerezo cyiza gutekereza ku kurinda ubuzima bwawe mbere yuko wowe nundi muntu mutangira kujya mubikorwa biganisha ku mibonano mpuzabitsina. Ibi mugomba kubyitaho ndetse mukabitekerezaho mu rwego rwo kugabanya uburwayi mushobora guhuriramo nabwo.

Gusomana rero ni kimwe mubintu bya mbere ku isi, bimaze kugaragaza ko bikorwa n’abantu benshi batangiye kwiyumvanamo. Gusomana bishobora kuba iby’akanya gato cyangwa se umwanya muremure cyane, bitewe nurwego mugezeho. Icya mbere ukwiye kumenya nuko gusomana mu gihe cy’amasegonda icumi gusa, bituma habaho kwinjiza cyangwa koherereza mugenzi wawe bagiteri (bactery) zirenga miliyoni 80.

Iyusomana n’umuntu mugurana amacandwe, ubu rero nuburyo bwiza bwo kwanduzanya indwara zinyuranye, ibi bivuze ko ntanumwe ushobora gusimbuka uyu mutego uteze mu gusomana. Reka tukwereke zimwe mu ndwara nyinshi zandurira byoroshye mu gusomana, akaba arinayo mpamvu ukwiye kumenya ubuzima bwawe na mugenzi uko buhagaze mbere yo kumuha umunwa wawe.

Byanduza Mburugu (Syphilis): mburugu nimwe mu ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, icyakora ntibisaba guhuza ibitsina burigihe ngo ubone kuyandura, ahubwo iyumuntu yamaze kumurenga ashobora no kuyikwanduza umusomye gusa. Uretse iyi mburugu, gusomana byanduzanya nizindi ndwara nk’imitezi.

Kurwara indwara zibasira amenyo: twabonye ko mu masegonda 10 gusa ushobora kwinjiza udukoko tunyuranye turenga miliyoni 80, ibi rero bituma amenyo, ishinya ndetse n’ibindi bice byo mu kanwa bihura nutwo dukoko duturutse muwundi muntu, aha haziramo n’indwara z’amenyo ari hahandi wisanga wayarwaye kandi utazi aho wabikuye, niba usomana n’abantu benshi batandukanye, ntuzamenya aho wanduriye.

Bishobora kugutera isesemi: iyi sesemi ishobora no kugutera kuruka, akenshi ituruka ku kuba uwo musomanye yariye ibintu umubiri wawe udasanzwe ukunda. Ibi rero ushobora kutabyumva ako kanya ariko umubiri wo uba wabyumvise. Ninayo mpamvu harumuntu muzasomana mukanya gato ukumva ushatse kujya kuruka.

Uretse biriya tubonye gusomana habamo ibibi byinshi, hari umuntu uzasoma muminsi micye wisange warwaye iminwa yajeho ibisebe, uwo akenshi usanga abana n’indwara zitagize icyo zimutwaye, wowe zakugeramo umubiri wawe ukananirwa kwihagararaho. Niyo mpamvu ukwiye kwitwararika mbere yo gusomana n’umuntu uwariwe wese.

NTIBISANZWE! Iyi hoteli ifite ibyumba birenga 10,000 igiye kumara imyaka 100 itarakira umukiliya n’umwe. Menya impamvu.

0

Hari byinshi biba ku isi kuburyo ushobora kubyumva ukagira ngo nugukabya, nyamara byinshi muribyo biba arukuri. Nkubu hari hoteli y’igitangaza ifite ibyumba bigera kubihumbi 10, ndetse yubatse nahantu heza kuko izengurutse kunkombe z’amazi magari, ariko iyo hoteli kuva yakubakwa mu mwaka wa 1939 ntamuntu numwe urayiraramo.

Iyi hoteli ifatwa nk’imwe muzubatse kubutaka bunini kurusha izindi ku isi, kuko yubatse kumuzengurutse w’inkombe y’amazi. Kugira ngo ubyumve neza nuko wamenya ko buri cyumba muribyo 10000 bigize iyo hoteli kireba kumazi. Ufashe uburebure yubatseho bureshya na kilometero zisaga 5. Icyakora abazi ibyiyi hoteli yiswe Prora, bavuga ko ahanini yabuze abakiliya burundu, biturutse kukuba yarubatswe n’abari bagize ishyaka ryaba Nazi rya Adolf Hitler ushinjwa gutegura intambara y’isi ya kabiri. Iyi yubatswe hagati ya 1936 na 1939 bitegetswe na Hitler ubwe.

Iyi hoteli Prora yubatse ku nkombe z’inyanja ya Baltic, iyi hoteli muri rusange iryamye kubutaka bufite uburebure bwa kilometero 4.5, ndetse ikaba ifite metero 150 z’ubuhagarike uvuye kubutaka. Nubwo iyi hoteli ibereye ijisho ndetse ikaba yubatse ahantu heza habereye ibikorwa bya hoteli, ntabwo yigeze yubakwa ngo irangire bitewe nuko muriyo myaka hitler yari afite indi mishinga minini cyane yo gutegura intambara y’isi.

Bivugwa kandi ko ubwo iyi hoteli yatangiraga kubakwa ibigo byose bikomeye by’ubwubatsi mubudage ariho byimuriye ibikorwa byabyo ndetse icyo gihe abakozi bagera kubihumbi 9000 bari bahafite akazi.

Icyakora ntakibura akamaro, kuko mugihe cy’intambara y’isi ya kabiri abantu benshi bahungiye muriyi hoteli babasha kurokoka ibisasu byaraswaga. Abantu benshi babonye amashusho yiyi hoteli ntibabyizera, kuko imeze nk’ikigo kinini cyane cy’amashuri cyangwa cya gisirikare.

Niwe mugore wenyine wabashije kurongorwa na ba perezida babiri b’ibihugu bitandukanye. aratangaje cyane.

Burya Imana ihera umuntu umugisha mu bintu bitandukanye, uyu we yamuhereye umugisha mu gushyingirwa kuko yabashije kuba umugore rukumbi waramukijwe ibihugu bibiri ari umufasha wa perezida (first lady) uti ese bimeze bite. Kurikira inkuru uko iteye.

Graca Simbine Machel yavutse kuwa 17 Ukwakira 1945, ubu afite imyaka 77. Kuri ubu ni impirimbanyi mpuzamahanga iharanira uburenganzira bw’abagore n’abana. Uyu rero yaciye agahigo ku isi kuko yabashije kuba umugore wa perezida muri afrika yepfo ndetse yanabaye kandi umugore wa perezida muri Mozambique. Igitangaje kurushaho nuko nubwo yashakanye na ba perezida babiri ubu asigaye ari umupfakazi kuko abagabo be bose barapfuye.

Ubwo yavaga kwiga muri Portugal mu mwaka wa 1975, yahise yinjira mu ishyaka-nyeshyamba rya FRELIMO ryaharaniraga ubwigenge bwa Mozambique, uyu yinjiye yigisha ariko nyuma aza kugirwa minisitiri w’uburezi kuwa 25 Kamena 1975. Muri uwo mwaka kandi nibwo yagize amahirwe yo gushyingirwa bwa mbere maze ashakana n’uwari perezida wa Mozambique wa mbere witwaga Samora (Zamora) Machel, uyu babyaranye abana babiri umuhungu n’umukobwa ariko uyu mukuru w’igihugu aza gupfa akiri kubutegetsi mu 1986, yazize impanuka y’indege maze Graca Machel aba abaye umupfakazi gutyo.

Nkaho bidahagije mu mwaka wa 1998 Graca Machel yongeye gusigwa amavuta ndetse yongera gukora ubukwe bwa kabiri icyo gihe yabukoranye na Nelson Mandela kuwa 18 Nyakanga 1998. Icyo gihe Mandela nawe yari perezida wa Africa y’epfo wanafatwaga nkaho ariwe wa mbere afurika yepfo yarigize w’umunyafurika.

Uyu mugore rero yahise aca agahigo ko kuba muri perezidanse ebyiri z’ibihugu bitandukanye kandi zose akazibamo ari umugore wa mbere mu gihugu nkuko babyita mu ndimi z’amahanga.

Nelson Mandela nawe yaje gupfa kuwa 05 Ukuboza 2013 bityo nawe asiga Graca Machel akiriho ndetse nanubu aracyariho arakomeye.

Menya byinshi by’amayobera ku nkoko baciye umutwe ikanga gupfa mu gihe kirenga umwaka.

0

Mu myaka 75 ishize hari umworozi wakomokaga mu mujyi wa Colorado muri America watunguwe cyane nyuma yuko aciye imwe mu nkoko yororaga umutwe ariko ikanga gupfa ndetse ikamara amezi 18 yose, igihumeka ndetse igenda. Ese ni gute byagenze kugira ngo inkoko isanzwe ibashe kubaho amezi 18 nta mutwe ifite.

Kuwa 10 Nzeli 1945 umugabo witwa Lloyd Olsen n’umugore we Clara, bari bari kwica inkoko kuko ariko kazi bakoraga, bari baherereye aho zororerwaga hitwa Fruita muri Colorado. Bwana Olsen we yacaga imitwe inkoko maze umugore we akazikuraho amababa ndetse akanazisukura. Nyamara mu nkoko zibarirwa muri 50 bishe uwo munsi harimo imwe yavuyemo yitwara muburyo butandukanye nubw’izindi.

Bamaze kuzica zose nkuko bari babiteganyije batunguwe no gusanga hari inkoko imwe murizo iri kwitemberera kandi bayiciye umutwe. Iyi nkoko ngo batunguwe no kubona iri kwitemberera nkaho nta cyabaye ndetse ntiyigera ihagarara cyangwa ngo igwe hasi. Aba bahise bayifata bayishyira mu gikarito bariryamira, bukeye umugabo azinduka ajya kureba uko bimeze ariko aza gukubitwa n’inkuba asanze ya nkoko n’ubundi ikiri guhumeka.

Abakomoka muri uyu muryango bavuga ko iby’iyo nkoko ari amwe mu mateka y’umuryango wabo, yateye isi urujijo. Uyu mugabo Olsen akimara kubona ko inkoko yanze gupfa ngo yatangiye kuyinyweraho inzoga nyinshi cyane, ndetse ayikoreraho n’amafaranga menshi kuko yabwiraga abantu gushyiraho intego ngo abereke igitangaza afite cy’inkoko ihumeka kandi yakuweho umutwe. Bidatinze inkoko yahuruje abanyamakuru ndetse umwe mu baje kuyireba agira inama uwo muryango kujyana iyo nkoko mu iserukiramuco ndetse ko bashobora kuyikoreraho amafaranga menshi.

Iyi nkoko yaje kwamamara cyane kugeza ubwo ijyanywe muri kaminuza gukorerwaho ubushakashatsi, icyo gihe bivugwa ko ngo izindi nkoko nyinshi zahagendeye kuko baziciye imitwe ngo barebe niba harindi yarokoka ntamutwe ifite ikamera nkiyo ya mbere. Iyi nkoko yazengurukijwe igihugu hafi ya cyose nubwo ubwikorezi bwari butaratera imbere, ariko yakoze amateka, kugeza ubwo Clara umugore wa Olsen ayandikaho igitabo kikaza kubikwa neza kugeza nuyu munsi kikaba kigisomwa.

Abantu benshi byatumye bamenya umugabo Lloyd Olsen biturutse kunkoko ye ndetse baza no gusura aho yakoreraga ubuhinzi n’ubworozi. Iyi nkoko yaje gushyira irapfa mu 1947, mu mujyi wa phoenix muri amerika n’ubundi.