spot_img
Ahabanza Blog

Trump arifuza ko Ukraine itangiza intambara yeruye mu Burusiya

0

Amakuru yagejejwe ku bitangazamakuru binyuranye aravuga ko Donald Trump, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yigeze kubaza Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, niba igihugu cye cyaba gifite ubushobozi bwo kugaba igitero ku murwa mukuru w’Uburusiya, Moscow.

Ibi bivugwa ko byabaye mu gihe habaga ikiganiro cyihariye hagati y’aba bayobozi bombi, mu rwego rwo kuganira ku cyerekezo cy’intambara ndetse no kureba uko Ukraine yahangana n’ubugome bwa Kremlin. Abari hafi y’iyo nama bavuga ko Trump yagaragazaga amatsiko ku ngufu za gisirikare za Ukraine, cyane cyane ku bijyanye no kwihimura ku bitero by’Uburusiya.

Nubwo hatigeze habaho igisubizo kirambuye kivuye kuri Ukraine, bamwe mu batari kure y’ibiganiro bavuga ko Zelenskyy yagaragaje ko Ukraine iharanira ubwirinzi kurusha kwihorera, ariko Trump we yashimangiye ko gukoma imbarutso rimwe na rimwe bishobora guhindura icyerekezo cy’intambara.

AMAFOTO: Dore uko Ubufaransa bwizihije Bastille Day 2025, Umunsi w’impinduramatwara w’abafaransa

0

Ubufaransa bwizihije umunsi mukuru wa Bastille Day kuri uyu wa Mbere, binyuze mu birori bitatse umujyi wa Paris hose birimo imyiyereko y’igisirikare, fireworks, n’indi myidagaduro.

Uyu mwaka wa 2025, Indonesia ni cyo gihugu cyahawe icyubahiro nk’umushyitsi mukuru. Ingabo zacyo zifatanyije n’Abafaransa mu birori n’imitambagiro, mu gihe ibihugu byombi byitezweho gushyira umukono ku masezerano y’igurwa ry’ibikoresho bya gisirikare by’Abafaransa.

Bastille Day ni umunsi wizihizwa buri mwaka ku wa 14 Nyakanga mu Bufaransa, ukibutsa igitero cyakozwe ku nzu ya gereza ya Bastille mu 1789, ari cyo cyatangije Impinduramatwara y’Abafaransa (French Revolution). Uwo munsi uba ari umunsi mukuru w’igihugu, wizihizwa ukunzwe kurangwa n’imyiyereko y’igisirikare, ibirori, ibishashi (fireworks) n’imyidagaduro itandukanye.

Ubwo Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yari yitabiriye imyiyereko ya gisirikare ya Bastille Day kuri avenue ya Champs-Élysées.
Ingabo z’u Bufaransa ziri mu myiyereko ku muhanda wa Champs-Élysées.
Imodoka z’intambara za Leclerc
Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, uri hagati, ari kumwe na Thierry Burkhard, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bufaransa (uhagaze iburyo), batambutse ku muhanda wa Champs-Élysées mu gihe mu gihe cy’imyiyereko.
Abasirikare b’Ingabo z’Abanyamahanga bari mu myiyereko
Ingabo za Indonesia zitambuka mu myiyereko
Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron afashe inkota nshya, ari kumwe na Thierry Burkhard, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bufaransa (ibumoso), ndetse na Loïc Mizon, Guverineri wa Gisirikare.
Ingabo za Indonesia zitambuka
Imyiyereko y’abagize Urwego rushinzwe Umutekano w’Abaturage
Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yakira Perezida wa Indonesia Prabowo Subianto.
Abaririmbyi n’abacuranzi b’ingabo za Indonesia batambuka
Abasirikare b’Abafaransa batambuka

 

Ukraine igiye kurindwa n’ubuhangange bw’Amerika

0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko agiye kohereza misile zo kurinda ikirere za Patriot muri Ukraine. Yabwiye abanyamakuru ko icyemezo agifashe kubera ko “Putin avuga neza mu gitondo ariko nijoro agatera ibisasu hose.”

Iri tangazo rije nyuma y’igihe habaye ibiganiro hagati y’abategetsi bw’u Burusiya na Amerika bigamije gushaka amahoro, ariko Trump yavuze ko ibikorwa bya Perezida Vladimir Putin bikomeje kugaragaza ko atari uwo kwizerwa. Uyu mugambi wo kohereza misile ushobora gutanga ubufasha bukomeye ku ngabo za Ukraine ziri mu ntambara ikomeye kuva mu 2022.

Trump yavuze ko Amerika izakomeza gushyigikira Ukraine, ariko ikabikora mu buryo “bufatika kandi bugaragaza imbaraga.” Iyi gahunda irateganyijwe mu mugambi munini wo gukomeza gushyigikira ubutabazi bw’intwaro ku bihugu bya NATO.

Lamine Yamal ashobora gukurikiranwa n’amategeko kubera ibyo yakoze mu birori bye by’isabukuru

0

Umukinnyi ukiri muto wa FC Barcelona, Lamine Yamal, yisanze ari  mu mvururu zidasanzwe nyuma y’amakuru yerekeye ibirori byo kwizihiza isabukuru ye y’imyaka 18. Ibirori byari bigamije kwishimira intambwe y’ubukure byahindutse inkubiri y’amagambo akomeye, ibitutsi, n’ibikangisho by’inkiko, byatumye benshi bacika ururondogoro.

Nk’uko amakuru abivuga, mu byishimo by’iyo sabukuru, Yamal yahaye akazi abantu bafite ubugufi bukabije (bafite ubumuga buzwi nka dwarfism) ngo basusurutse abashyitsi. Nubwo byashoboraga kuba byari bigamije gutanga udushya mu myidagaduro, icyo gikorwa cyateje uburakari bukomeye byihuse cyane, by’umwihariko mu mashyirahamwe yabaharanira uburenganzira bw’abantu bafite ubumuga.

Ihuriro ryiswe ADEE (Association of People with Achondroplasia and Other Skeletal Dysplasias with Dwarfism) ryatangaje ko ibyo byakozwe mu birori bya Yamal ari ivangura n’isesereza rikabije, kuko bigaragaza abo bantu nk’icyanzu cy’imyidagaduro aho kububaha nk’abantu bafite agaciro. ADEE yavuze ko rigiye gufata ingamba z’amategeko n’iz’imyitwarire, aho risaba ko abagize uruhare muri ibyo birori baryozwa ibikorwa bifatwa nk’urugomo ku bw’ubumuga.

Iyi nkuru yahinduye uburyo Yamal agaragazwa mu itangazamakuru, ituma hibazwa byinshi ku nshingano z’abanyacyubahiro mu rwego rwo guharanira ishema n’ubwubahane bw’abantu bose, cyane cyane abibasiwe n’ivangura n’ihutazwa. Ni isomo rikomeye ryerekana ko imyitwarire y’ibyamamare mu gihe cy’ibirori nayo ikwiye kwitabwaho, kuko ishobora kugira ingaruka ndende ku mibereho rusange n’imyumvire ya sosiyete.

Havumbuwe Urushinge Ruterwa Kabiri mu Mwaka rwo Kurinda SIDA.

0

Ku wa 18 Kamena 2025, Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FDA) cyemeje urukingo rwa mbere rwo kurinda VIH (virusi itera SIDA) rutangwa inshuro ebyiri gusa mu mwaka. Abantu bafite ibyago byinshi byo kwandura VIH bashobora gufata uru rushinge rwitwa lenacapavir kandi ruzwi ku izina rya Yeztugo, ruzajya ruterwa rimwe buri mezi atandatu.

Iyi ni intambwe ikomeye mu rugamba rwo kurwanya SIDA kandi ifite ubushobozi bwo guhindura uko icyorezo kibasira abantu. Muri iki gihe, imiti ya HIV yafashije abantu benshi kugabanya virusi mu mubiri ku kigero itakibasha kwanduza abandi, ndetse no gufasha abatarandura HIV kugumana ubuzima bwiza binyuze mu kuyikingira. Ariko gufata ibinini buri munsi byagaragaye ko bigira imbogamizi ku gukurikiza neza gahunda y’imiti, bityo bigatuma ubwirinzi budakora uko byifuzwa.

Mu bushakashatsi bubiri bwakozwe n’abahanga ba Gilead Sciences, kompanyi yakoze iyo miti, lenacapavir yagaragaye ko ifite ubushobozi bwo kurinda ku gipimo cya 100%. Dr. David Ho, impuguke muri za virusi, yavuze ko “Gukoresha lenacapavir yonyine nk’ubwirinzi ni ikintu gikomeye cyane. Ifite ubushobozi bukomeye bwo kugabanya icyorezo cya SIDA.” Ariko impuzamiryango n’itsinda ry’abaharanira uburenganzira bw’abanduye SIDA bagaragaje impungenge z’uko ubushobozi bwayo butazagerwaho neza kubera igabanuka ry’amafaranga Leta ya Amerika yashyiraga mu bikorwa byo kuvura no gukumira VIH ku isi hose.

Mu Rwanda Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko mu Rwanda hageze urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, ndetse rukaba rugiye kuganirwaho mu nama igiye kubera mu Rwanda.

Yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 13 Nyakanga 2025 muri siporo rusange yashyiriweho kubungabunga ubuzima mu Rwanda, Yagize ati “Mu bintu bya SIDA rero hari ikiri kuvugwa gishya, hari agashinge bagiye kujya batera abantu, bakakagutera rimwe mu mezi atandatu kakakurinda kwandura Virusi itera SIDA.”

Ifaranga ry’u Rwanda mu mafaranga 10 adafite agaciro muri Afurika muri 2025

0

Nk’uko ubushakashatsi bwa Business Insider Africa bubigaragaza buvuga ko hagati mu mwaka wa 2025, muri Afurika hari ibihugu byinshi byibasiwe n’ihungabana ry’ifaranga. Mu byo byagaragaye, ifaranaga ry’u Rwanda, Rwandan Franc (RWF), riri mu mafaranga 10 afite intege nke muri Afurika, aho idorali 1 (USDT) rigura 1,448.29 amanyarwanda (RWF).

Iyo urebye uko uryo faranga ryagabanutse mu mwaka ushize, ubushakashatsi bwa TalkAfricana bugaragaza ko Rwanda Franc yagabanutseho 19.41 % hagati ya 2023 na 2024 . Ibi biterwa n’ifatizo ry’ibihugu byiganjemo ibicuruzwa bwo hanze, izamuka ry’ibiciro (inflation), n’ikiguzi cy’amafaranga y’impapuro z’amahanga (foreign currency shortage).

Mu gihe ibihugu byinshi bikomeje guhangana n’ingaruka ry’izamuka ry’ibiciro ku rwego mpuzamahanga, hari ibihugu bya Afurika bifite amafaranga y’igihugu atagifite agaciro gafatika ugereranyije n’amadolari y’Amerika.

Abacuruzi ku isoko bahanganye n’izamuka rikabije ry’ibiciro nyuma y’uko ifaranga rigwa ku isoko

Dore urutonde rw’amafaranga 10 afite agaciro gake kurusha andi muri Afurika muri 2025:

1. São Tomé & Príncipe – Dobra (STN): 1 USD ≈ 22,282 STN

2. Sierra Leone – Leone (SLL): 1 USD ≈ 20,970 SLL

3. Guinea – Franc Guinéen (GNF): 1 USD ≈ 8,657 GNF

4. Uganda – Shilling (UGX): 1 USD ≈ 3,605 UGX

5. Burundi – Franc Burundais (BIF): 1 USD ≈ 2,976 BIF

6. DR Congo – Franc Congolais (CDF): 1 USD ≈ 2,905 CDF

7. Tanzania – Shilling (TZS): 1 USD ≈ 2,653 TZS

8. Malawi – Kwacha (MWK): 1 USD ≈ 1,733 MWK

9. Nigeria – Naira (NGN): 1 USD ≈ 1,554 NGN

10. Rwanda – Franc Rwandais (RWF): 1 USD ≈ 1,448 RWF

Gusa ibi bipimo bishobora guhindagurika bitewe n’ibihe by’ubukungu, ihindagurika ry’isoko mpuzamahanga, n’icyizere cy’amahanga ku muryango w’ubukungu w’igihugu runaka.

Ifaranga rya Sierra Leone (Leone) ni rimwe mu mafaranga afite agaciro gake ku mugabane w’Afurika.

Ese ni iki gitera ihungabana ry’ifaranga?

  • Ifaranga rigira intege nke iyo igihugu gishingikirije cyane ku masoko y’imigabane imwe nk’amabuye y’agaciro, peteroli cyangwa ibikomoka ku buhinzi, bigatuma riba ryoroshye guhungabanywa n’ihindagurika ry’isoko mpuzamahanga.
  • Ibura ry’amafaranga yo hanze (foreign reserves) bituma igihugu kidashobora gutumiza ibintu bihagije cyangwa kugenzura igipimo cy’ivunjisha.
  • Ihagarikwa cyangwa ihindagurika ry’amategeko, hamwe n’imiyoborere idahwitse, bituma abashoramari bata icyizere, bikarushaho guca intege ifaranga.
  • Inflasiyo ikabije ndetse n’imiyoborere mibi y’ingengo y’imari bituma amafaranga y’igihugu atakaza agaciro. Ibi byose iyo byiyongereyeho amakimbirane cyangwa intambara, nk’ibibera muri DR Congo cyangwa Sierra Leone, bituma ubukungu buhungabana bikomeye, bigatuma ifaranga ribura agaciro ku rwego mpuzamahanga.

Ese amahirwe yo kuzahuka arahari? Yego, ibihugu nka Ghana na Ethiopia byigeze kugira ibibazo bikomeye by’ifaranga, ariko imiyoborere myiza n’ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zihamye byabifashije kuzahura ubukungu bwabyo.

 

Ese kuboneza urubyaro ukiri umukobwa ni bibi?

0

Iki kibazo cyibazwa cyane, kandi gikunze gutera urujijo kubera amakuru atuzuye cyangwa atariyo abantu bajya babwirwa. Ariko nk’uko inzego z’ubuzima zibigaragaza, kuboneza urubyaro si bibi, ariko si buri buryo bwabugenewe buri wese agomba gukoresha, cyane cyane abakiri bato.

Ubundi kuboneza urubyaro ni iki?

Kuboneza urubyaro ni igikorwa umuntu akora kugira ngo ahitemo igihe, uburyo n’umubare w’abana ashaka kubyara. Ibi bikorwa hagendewe ku bushake bwe, ubuzima bwe, n’intego afite.

Hari uburyo bwinshi bwo kuboneza urubyaro, ariko twabugabanyamo ibyiciro bibiri:

1. Uburyo budakoresha imisemburo (natural or barrier methods):

  • Agakingirizo (preservatif)
  • Kubara iminsi
  • Udukoresho turinda intanga kwinjira (spermicide, diaphragm)

2. Uburyo bukoresha imisemburo (hormonal methods):

  • Ibinini (Microgynon, Microlut)
  • Inshinge (Depo-Provera)
  • Agapira ko mu kuboko (Jadelle)
  • Akuma bashyira mu mura (IUD)

Umukobwa utarashaka ashobora kuboneza urubyaro?

Yego, ashobora kubikora. Iyo umukobwa ugeze mu gihe cy’uburumbuke (yabonye imihango), ashobora gusama igihe cyose akoze imibonano mpuzabitsina. Bityo rero, iyo atiteguye kuba umubyeyi, ashobora gukenera uburyo bwo kuboneza urubyaro.

Ariko hari ibyo agomba kwitaho cyane, cyane igihe agiye gukoresha uburyo bukoresha imisemburo, kuko hari ingaruka z’uburyo bukoresha imisemburo ku bakobwa bakiri bato. Bamwe mu bakobwa bari munsi y’imyaka 21 bashobora kugira ingaruka ku buryo imisemburo yabo isanzwe ikora, bikagira ingaruka z’igihe kirekire ku mikurire harimo, kunanirwa gukora imisemburo y’umwimerere neza, kugira ibibazo by’imihango, kugira ibibazo mu igogora, imikurire y’amabere cyangwa amagufa, kubyibuha cyane cyangwa kugabanuka kw’amaraso y’ingenzi nka ferritine, kugabanuka kwa calcium n’imyunyu ngugu mu magufa, kuba umuntu yakura atarigeze agira ovulation (gusohora intanga)

Ni yo mpamvu urubyiruko rukwiye kubanza kugisha inama y’abaganga, bakareba niba uburyo runaka bukwiriye ubuzima bwabo.

Ese uburyo bwo kwifashisha ku bakobwa bakiri bato ni ubuhe?

1. Uburyo budakoresha imisemburo:

Ni bwo bwiza ku bana batarabyara, cyane cyane gukoresha agakingirizo, kuko birinda gutwara inda no kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Kubara iminsi, Umukobwa amenya igihe cye cy’uburumbuke, akirinda imibonano mu minsi ishobora guteza gusama inda, ubundi buryo ni Spermicide (Udukoresho turinda intanga kwinjira mu mura).

Ese uburyo bwo kuboneza urubyaro bushobora gutuma umukobwa atabyara?

Oya. Benshi batekereza ko gukoresha uburyo bwo kuboneza urubyaro bigira ingaruka ku mbaraga zo gusama. Ariko ntibihagarika burundu ubushobozi bwo gusama. Iyo umuntu ahagaritse kubikoresha, umubiri usubira mu mikorere isanzwe.

Kuboneza urubyaro ukiri umukobwa si ikosa. Ahubwo ni uburyo bwo kwifata, kwirinda no gutegura ejo hazaza heza, buri mukobwa akwiye guhabwa ubujyanama buhagije mbere yo gutangira gukoresha uburyo ubwo ari bwo bwose.

Birasabwa kwitondera uburyo bukoresha imisemburo igihe umuntu akiri muto, hashobora kubaho ingaruka z’igihe kirekire, Gukoresha agakingirizo n’ubundi buryo budakoresha imisemburo ni bwo bukwiriye cyane cyane ku rubyiruko.

Amavuta akoreshwa inshuro nyinshi mu guteka, ni uburozi bukomeye mu biryo byacu!

0

Mu buzima bwa buri munsi, guteka ni igikorwa gihoraho kandi gifite uruhare runini mu gutuma ibiryo byacu biba byiza, byoroshye kurya kandi biryoshye. Ariko, hari ikintu benshi badatekerezaho mu gihe bateka, amavuta akoreshwa inshuro nyinshi mu guteka. Ubu buryo bwo gukoresha amavuta burenze urugero bushobora kugira ingaruka mbi zikomeye ku buzima bwacu.

Impamvu Amavuta Akoreshwa Inshuro Nyinshi Ashobora Kubangiriza Ubuzima

Amavuta akoreshwa inshuro nyinshi mu guteka ahinduka amavuta asaza kandi aba arimo ibinyabutabire byangiza umubiri bizwi nka free radicals. Ibi ni ibinyabutabire bifite ubushobozi bwo kwangiza ingirangingo z’umubiri, bikangiza ADN ndetse bigatera uburozi bw’umubiri.

Ibi binyabutabire bishobora guteza:

  • Kwangirika kw’ingirangingo (cellular damage)
  • Gusaza vuba kw’uruhu n’imikaya
  • Kongera ibyago byo kurwara kanseri
  • Indwara z’umutima n’imitsi
  • Kubura imbaraga no gucika intege k’umubiri

Amavuta ashaje aba arimo trans fats bigatuma bitera ikibazo gikomeye ku mitsi y’amaraso bigatuma habaho indwara z’umutima, umuvuduko ukabije w’amaraso, ndetse n’ibindi bibazo by’ubuzima.

Uko Amavuta Asaza Akora

Iyo ukoresha amavuta rimwe cyangwa kabiri gusa, bitera ikibazo gito. Ariko iyo amavuta akoreshwa inshuro nyinshi, arushaho gusaza mu buryo bukurikira:

  1. Ibinyabutabire bibi biriyongera: Aha ni ho haboneka izo “free radicals” zikangiza umubiri.
  2. Impumuro mbi: Amavuta yakoreshejwe cyane agira impumuro mbi ishobora no kwangiza uburyohe bw’ibiryo.
  3. Amavuta ashaje aba afite ikintu cyitwa polymer, kigira ingaruka mbi ku mikorere y’umubiri.

Ingaruka Ku Buzima

Ingaruka zo gukoresha amavuta akoreshwa inshuro nyinshi ni ndende kandi zifite ingaruka zikomeye:

  1. Kanseri: Ubushakashatsi bwagaragaje ko amavuta ashaje yangiza ADN n’uturemangingo bigatuma habaho ubwandu bwa kanseri zitandukanye, cyane cyane umwijima, amara, n’ibindi.
  2. Indwara z’umutima:Amavuta ya trans fats azwiho kuzamura cholesterol mbi (LDL) no kugabanya cholesterol nziza (HDL), bityo bigatera indwara z’umutima.
  3. Ibibazo by’ubwonko: Ibinyabutabire bibi bishobora gutera imihangayiko, kwiheba, ndetse n’ingaruka ku mikorere y’ubwonko.
  4. Gusaza vuba: Ubwonko, uruhu, n’imikaya bigira ingaruka zo gusaza hakiri kare kubera uburozi bwinshi.

Uko Wakwirinda Ingaruka Zituruka Ku Mavuta Akoreshwa Inshuro Nyinshi

  • Ntukongere gukoresha amavuta akoreshwa inshuro nyinshi: Buri gihe ukoresha amavuta mashya mu guteka.
  • Hitamo amavuta y’umwimerere: Elayo, avoka, amavuta ya sesame n’ayandi amavuta y’imbuto atunganyirijwe neza ni amahitamo meza.
  • Gutekesha mu buryo butakoresha amavuta menshi: Nko guteka ku muriro ukeye (steam), guteka mu mazi, cyangwa kugabanya ibiryo bikwiriye gutekwa mu mavuta.
  • Irinde guteka ku muriro mwinshi cyane: Bituma amavuta ahinduka uburozi.
  • Kubika amavuta mu bubiko bwiza: Bika amavuta ahantu hakonje kandi hatariho izuba rikabije kugira ngo atangirika vuba.

Kwirinda gukoresha amavuta akoreshwa inshuro nyinshi ni kimwe mu bintu by’ingenzi twakora kugira ngo turinde ubuzima bwacu n’ubw’umuryango wacu.

Donald Rose, Umusirikare wari wararokotse intambara ya kabiri y’isi, yapfuye.

0

Donald Rose, umwe mu basirikare bakuru barokotse Intambara ya Kabiri y’Isi yose mu Bwongereza, yapfuye ku myaka 110, ahagana ku cyumweru gishize. Rose ni we wari usigaye ari umusirikare mukuru kurusha abandi mu Bwongereza wari waritabiriye iyo ntambara ikomeye yahinduye amateka y’isi. Yitabiriye ibikorwa bya gisirikare mu bice bitandukanye by’isi, harimo muri Afurika, mu Butaliyani ndetse no mu Bufaransa. Aho yanyuze mu bikorwa bikomeye birimo no gufasha mu gikorwa cyo kubohora ahari ibigo by’imbohe by’Abanazi, birimo na Bergen-Belsen.

Mu mezi make ashize, muri Gicurasi 2025, Rose yitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 80 y’umunsi wa VE Day (Victory in Europe Day), yambikwa n’imidali y’icyubahiro irimo n’’Legion d’Honneur’ y’Ubufaransa. Yanahawe icyubahiro cyitwa Freedom of the Borough n’umujyi wa Erewash.

James Dawson, umuyobozi w’ako karere, yavuze ko Donald Rose yari umuntu udasanzwe:

“Ni intwari nyakuri. Abatuye Erewash bazahora bamwibuka nk’umwe mu batubereye urugero mu kwitangira igihugu no kurwanya ivangura.”

Urupfu rwa Donald Rose ni igihombo gikomeye ku Bwongereza no ku batuye isi muri rusange. Yabaye ishusho y’ubutwari, kwihangana no kwitanga ku bw’amahoro. Inkuru ye izahora itanga isomo ku isi yose, nk’intwari yaharaniye ko isi iba nziza kurushaho.

 

Ya ndege iherutse gukora impanuka igahitana benshi byagaragaye ko hari ibice byayo babanje gufunga

0

Imashini igenzurwa n’amavuta y’indege ya Air India yaguye mu kwezi gushize yavuye ku mwanya wa “run” (gukora) ijya ku mwanya wa “cutoff” (guhagarika lisansi) umwanya muto mbere y’uko indege igwa, bikaba byaratumye moteri zose ihagarara, nk’uko raporo y’iperereza ry’imbanzirizamushinga yabigaragaje kuri uyu wa Gatandatu.

Iyo raporo, yasohowe n’Ikigo cy’u Buhindi gishinzwe iperereza ku by’impanuka z’indege, yanagaragaje ko abapilote bombi bari mu rujijo ku mpinduka y’umwanya w’igenzura ry’amavuta, byateje gutakaza imbaraga za moteri byihuse nyuma yo guhaguruka.

Indege ya Air India Boeing 787-8 Dreamliner, yaguye ku ya 12 Kamena, ihitana byibura abantu 260, harimo n’abari ku butaka mu mujyi wa Ahmedabad uri mu burengerazuba bwa India. Umwe mu bagenzi bonyine ni we wakize iyo mpanuka, iyi ni imwe mu ngaruka zikomeye mu mateka y’ubwikorezi bwo mu kirere mu buhinde.

Iyo ndege yari itwaye abagenzi 230, Abahindi 169, Abongereza 53, Abaporutugali 7 n’umugenzi 1 wo muri Canada, hamwe n’abakozi 12 b’indege.

Iki kibazo kigaragaza akamaro k’ubugenzuzi bwimbitse ku bikoresho by’indege n’imikorere yabyo kugira ngo impanuka nk’izi zitakongera kubaho mu gihe kizaza. Gushyira imbaraga mu gutegura neza abapilote no gusuzuma buri kimwe ku ndege ni ingenzi mu gukumira impanuka zishobora kwirindwa.