spot_img

Messi yatowe nk’umukinnyi mwiza, Ronaldo ntiyaza no muri 50 ba mbere. Irebere urutonde

- Advertisement -

Ni umwanya wabaye ubuki kuri uyu munya Argentine w’imyaka 35 ariwe Lionel Messi, uyu yatwaye igikombe cya shampiyona mu Bufaransa, ariko nanone arahindukira atwara ikiruta ibindi byose ku isi aricyo gikombe cy’isi yari yarahize imyaka ye yose yari amaze ku isi. nkaho bidahagije Messi ninawe wegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza w’irushanwa mu gikombe cy’isi kandi nanone atwara igihembo cy’umukinnyi wa kabiri watsinze ibitego byinshi muriryo rushanwa.

Bimwe bavuga ko bamwe barira abandi baseka nibyo byabaye, kurundi ruhande uwahoze ari mukeba wa Messi ariwe Cristiano Ronaldo umwaka wa 2022 niwo mwaka wabaye mubi cyane mu mateka ye mu mupira w’amaguru. Nubwo wari watangiye Ronaldo ashaka gufunga iminwa abataramwemeraga, byose byaje gusibwa n’imyitwarire mibi ya Manchester United byanatumye Ronaldo birangira atandukanye na Manchester United nabi cyane. Uyu Ronaldo byaje kurangira yerekeje gukina muri Arabia Saudite nubwo yari yarabanje kwanga kujyayo yizeye ko harikipe zikomeye iburayi zizamugura.

- Advertisement -

Gusa nubwo byakumvikana ko asa nuwagiye ahantu hamworoheye mu gutsinda ibitego nanubu mu mikino ibiri amaze gukina nta gitego na kimwe aratsinda, ibi rero byatumye abafana muri stade batangira kuririmba izina Messi bituma nabwo Ronaldo batangira kumwibazaho cyane. Ibi rero kandi byaje gushimangirwa n’urutonde rw’ikinyamakuru the Guardian cyasohoye, cyerekana abakinnyi beza 100 ba mbere baranze umwaka wa 2022. Lionel Messi yaje ku mwanya wa mbere, Ronaldo ntiyagaragara muri 50 ba mbere.

Kuri uru rutonde Kylian Mbappe watsinze ibitego bitatu ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi yaje ari uwa kabiri, mu gihe Karim Benzema uheruka gutwara Ballon d’Or yaje ari uwa gatatu. Erling Halaand wabiciye bigacika mu Bwongereza yaje ari uwa kane. Dore urutonde rw’aba mbere 10 uko ruhagaze

- Advertisement -
  1. Lionel Messi PSG
  2. Kylian Mbappe PSG
  3. Karim Benzema Real Madrid
  4. Erling Halaand Man City
  5. Luka Modric Real Madrid
  6. Kevin de Bryune Man City
  7. Robert Lewandowski Barcelona
  8. Vinicius Junior Real Madrid
  9. Thibaut Courtois Real Madrid
  10. Mohamed Salah Liverpool

Aba nibo baje mu myaka 10 ya mbere icyakora hari abandi bazwi nka Harry Kane ku mwanya wa 13, Jude Bellingham 14, Bukayo Saka wa Arsenal 22, Cristiano Ronaldo 51.

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles