spot_img

Ubusinzi bukabije butumye leta ifunga utubari twinshi. Bamwe bati byari bikabije koko.

- Advertisement -

Visi perezida wa Kenya yasabye abategetsi bose b’intara muricyo gihugu gushyira mubikorwa itegeko ry’akabari kamwe muri buri mujyi nkuko ryashyizweho mu cyumweru gishize. Uyu mutegetsi mukuru Rigathi Gachagua kandi yakomeje avuga ko ahantu hose haberamo ibikorwa byo kwinezeza hagomba kujya hafungura hagati ya saa kumi nimwe na saa tanu z’umugoroba mu rwego rwo gushyira mubikorwa imyanzuro yafashwe, ibi byose bikaba ari mu buryo bwo kurwanya ubusinzi bukabije bugaragara muricyo gihugu.

Nyuma y’uyu mwanzuro hari benshi bagaragaje impungenge zuko abantu bashobora guhita bahungira mu nzoga zakorewe mu ngo, nyamara ziba zitujuje ubuziranenge, na mbere yuko uyu mwanzuro ufatwa, muri Kenya hagiye havugwa imfu z’abantu benshi bazize inzoga zitari ku rwego. Gusa uyu muyobozi avuga ko iyi myanzuro yose yafashwe nyuma yuko byagaragaye ko ubusinzi bumaze gufata intera iteye ubwoba mu mijyi inyuranye ya Kenya. Sibyo gusa ikigo gishinzwe gutanga impushya zo gukora akabari cyabwiwe ko mu gihe izo utubari dufite zarangira nta zindi mpushya zemerewe gutangwa.

- Advertisement -

Gachagua ati: “mureke dutorere umuti ibi bibazo, reka dukize ab’ejo hazaza atari uko dufite ikibazo mu mibanire” ikibazo cy’ubusinzi bukabije gikomeje kugenda gikomera cyane cyane mu bihugu bya Africa, umunsi kuwundi ibyegeranyo bisohoka byerekana ko urugero rw’ubusinzi no gukoresha ibisindisha bizamuka umunsi kuwundi. Sibyo gusa kandi kuko ubusinzi bugenda bwiganza mu rubyiruko cyane, ibi rero bigatera impungenge ku hazaza h’ibihugu bya Africa mu gihe urubyiruko arirwo rwaheranwa n’ubusinzi bukabije.

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles