spot_img

Telefone imaze imyaka 20 itarashiramo umuriro ikomeje gutangaza isi

- Advertisement -

Kevin Moody ukomoka muri America ubwo yafunguraga akabati abikamo utuntu twe, yari yiteze gusanga telefone ye yarashaje cyane ndetse bimwe mu bikoresho byayo byarangiritse bitagikora. Icyaje kumutangaza kurushaho suko yabonye telefone ye ikiri nzima ndetse isa neza ahubwo yatangajwe cyane no gusanga telefone ye ikiri kwaka ndetse igifite umuriro ungana na 70 ku ijana.

Uyu mugabo warumaze imyaka hafi 20 atarakora kuriyi telefone ye ya Nokia 3310 yari agiye muri aka kabati ngo agahanagure kuko kari kamaze igihe kinini kadakorerwa isuku, iyi telefone ye kuyibona byaramunejeje cyane ariko icyamunejeje kurushaho nuko yasanze ikiri kwaka ndetse igifitemo umuriro ndetse mwinshi kandi mu gihe cy’imyaka 20.

- Advertisement -

Uyu mugabo avuga ko atibuka bwanyuma ubwo aherutse gucomeka iyi phone ku muriro, ikindi nuko yavuze ko icyamubabaje aruko yongeye kuvumbura phone atagifite sharijeri yakongera kuyicaginga kuko zitakiboneka. Reka tukwibutse ko telephone zubu zitwa ko zigezweho iyigerageje kurambya umuriro ari iminsi itatu ubundi igakenera gusubizwa ku muriro.

- Advertisement -

Iyi Nokia 3310 ifatwa nkaho ariyo telefone ya mbere ku isi igira bateri ikomeye kurusha izindi ndetse abazizi bemeza ko ntayindi telefone izigera iboneka yayihiga ku kurambya umuriro.

Ese wowe waba warigeze uyitunga ngo uduhe ubuhamya?

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles