spot_img

Umusore yategetswe gushyingirwa abakobwa batatu icyarimwe agwa mu kantu.

- Advertisement -

Uyu musore w’imyaka 32 witwa Luwizo ni umunye congo, avuga ko yahatiwe gushyingiranwa naba bakobwa batatu b’impanga bitewe nuko yasobanuriwe ko adashobora kuzitandukanya ngo bishoboke.

 

- Advertisement -

Ku ikubitiro avuga ko uwo yakunze bwa mbere muri aba bakobwa ari uwitwa Natalie, bakaba barahuriye kuri facebook bakaganira ndetse bakaza gukundana, kugeza naho bemeranyije guhura amaso ku maso. Bamaze guhura Natalie ngo yahisemo kumwerekana ku bavandimwe be babiri bavukanye ari impanga za batatu, maze abo babiri barimo uwitwa Natasha na Nadege nabo bagahita bakunda uwo musore muburyo bukomeye.

- Advertisement -

 

Uyu musore ngo yatunguwe no kubona abandi bakobwa babiri basa neza neza nk’umugore we ubwo yari agiye gusura Natalie. Luwizo ati: “natunguwe cyane no kubona abandi bakobwa babiri bameze neza nk’umugore wange kuburyo bitashobokaga kumenya Natalie ari uwuhe, habuze gato ngo niture hasi kubera kubura ubwenge”

 

Izo mpanga uko ari eshatu bitewe nukuntu zikundana cyane, ngo zahisemo ko ntawe uzazitandukanya ndetse kuva ubwo bahitamo gushyingiranwa n’umugabo umwe bakajya bamusangira. Izo mpanga bazibaza uko byari bimeze ubwo biyemezaga gushyingiranwa n’uyu mugabo, umwe muribo yagize ati: “Luwizo yabaye nk’utunguwe cyane kumva ko agiye gushyingiranwa n’abagore batatu, icyakora bitewe nuko yari yaradukunze kandi natwe tumukunda cyane ntibyagoranye gutegura ubukwe bwacu”

Aba bagore bavuga ko nubwo nta muntu wigeze yizera ko abagore batatu bashobora gusangira umugore umwe, bo bemeza ko gusangira burikimwe cyose aribwo buzima bwabo kuva bakivuka. Luwizo kuruhande rwe avuga ko icyemezo cyo gushyingirwa abagore batatu iwabo batigeze bagikunda, bityo bakaba barahisemo kudataha ubukwe bwe, ariko we avuga ko ntacyo yicuza kugeza ubu.

 

Uyu mugabo atangaza ko burya mu buzima bw’umuntu buri wese agira amahitamo ye ndetse ko kugira ngo ubone icyushaka haricyo ugomba kubura mu buzima. Yemeza ko kugeza ubu atuje ndetse atekanye hamwe n’abagore be ndetse kuriwe ari amahitamo ye yemeza ko ari meza.

Wowe washyingiranwa n’abagore batatu icyarimwe?

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles