spot_img

NGUEMA: Niwe wa mbere umaze imyaka myinshi ku butegetsi ku isi, umuhungu we niwe Visi-perezida. Menya byinshi.

- Advertisement -

Bajya bavuga ngo ingoma iraryoha, uyu mukambwe umaze imyaka 43 kubutegetsi ariko nanubu arashaka kongera kwiyamamariza indi manda yo gukomeza kuyobora iki gihugu cya Guinea Equatoriale.

Bwana Teodoro Obiang Nguema kuri ubu yujuje imyaka 80, ubutegetsi bwe bushinjwa guhonyanga uburenganzira bwa muntu ndetse nogukorera iyica rubozo abo batavuga rumwe. Nubwo hagiye kuba amatora muriki gihugu, ariko abatavuga rumwe nawe bavuga ko nubwo bagiye kwitabira amatora ariko batizeye kuzayatsinda.

- Advertisement -

Uyu musaza iki gihugu gifatwa nkaho ari akarima ke, dore ko yaba we nabagize umuryango we aribo bihariye imyaka igiye ikomeye mugihugu. Nkubu umuhungu we Teodorin Obiang niwe visi perezida w’iki gihugu nubwo akibamo gacye kuko yibera cyane muri America no mu burayi. Uyu muhungu wa perezida Obiang Nguema azwiho gutunga ibintu bihenze cyane nko kuba ariwe waguze uturindantoki (gants/gloves) zihenze ku isi za Michael Jackson ziriho diyama.

- Advertisement -

Icyakora abahanga mubya politiki bavuga ko aya matora ntakintu na kimwe azahindura muri politiki yiki gihugu ndetse ntibanatinya guhamya ko obiang azatsinda aya amatora hejuru ya 95%.

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles