spot_img

Nanubu benshi baribaza ikintu Cristiano Ronaldo yakuye mu ikabutura agatamira bahura na Ghana (REBA VIDEO)

- Advertisement -

Ubwo Portugal yahuraga n’ikipe ya Ghana Cristiano Ronaldo numwe mu bari bahanzwe ijisho dore ko yakoze n’amateka agatsinda igitego cya mbere Portugal yinjije muri uyu mukino, sibyo gusa kuko byatumye Ronaldo aba umukinnyi wa mbere mu mateka utsinze igitego mu bikombe by’isi bitanu bitandukanye. Nyamara uretse gutsinda igitego ndetse no kwitwara neza kwa Portugal Ronaldo yakoze n’ikintu cyatumye abantu bacika ururondogoro.

Amashusho yagaragaje uyu mukino wakiniraga Manchester united akora mu ikabutura ye mu gihe kirenga amasegonda atanu maze azamuramo ikintu kitamenyekanye aratamira. Aka ka video kakomeje kuzenguruka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye ariko nta numwe wigeze amenya icyo Ronaldo yakuye mu ikabutura agatamira. Bamwe bati banza ari agashikarete atwara mu ikabutura, abandi bati wasanga ari umuti agendana.

- Advertisement -

Cristiano Ronaldo ari gukina igikombe cy’isi nyuma y’iminsi micye Manchester united imwirukanye ariko bagatandukana kubwumvikane, kugeza ubu ntibizwi aho azahita yerekeza ariko ikizwi neza nuko uyu atazafata umwanzuro uwariwo wose mbere yuko igikombe cy’isi kirangira.

- Advertisement -

Muriri tsinda ikipe ya Portugal iriyoboye irikumwe na South Korea, Uruguay ndetse na Ghana.

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles