spot_img

Dr Congo yarahiriye kwihorera k’u Rwanda rwayirasiye indege ya miliyari 12. 

- Advertisement -

Kuwa kabiri nimugoroba nibwo hasakaye amashusho y’indege ya Congo yarenze umupaka ikinjira mu kirere cy’u Rwanda, ntibyaje kurangirira aho kuko igisirikare cy’u Rwanda cyayirashego isubira muri Congo icumba umwotsi, ndetse nyuma haza kuza andi mashusho bari kuyizimya no kuyijyana mu igaraje.

Leta ya Congo yo yavuze ko barenganye kubera ko iyo ndege yarashwe biturutse mu buryo bw’ubushotoranyi kuko bo bemeza ko indege yariri ku butaka bwa Congo ndetse yariri kumanuka yerekeza ku kibuga cya Goma. Kuri ubu leta ya Congo ivuga ko byanze bikunze igomba kwihorera kucyo yise ubushotoranyi bwa leta ya Kigali (Rwanda) nyuma yuko iyo ndege yabo irashwe n’ingabo z’u Rwanda.

- Advertisement -

Leta ya Congo iti: “twamaganye iraswa ry’indege yacu y’indwanyi byakozwe n’ingabo z’u Rwanda, kandi ikarasirwa mu kirere cya Congo, twagira ngo tumenyeshe ko ibi bitaza kurangirira aho”

Ku ruhande rw’u Rwanda nabo bavuga ko ubu ari ubwa gatatu indege y’intambara ya Congo yinjiriye ikirere cy’u Rwanda, u Rwanda kandi rushimangira ko ibi bitazakomeza gutya ndetse bagasaba Congo guhagarika ubu bushotoranyi kuko budakwiye.

- Advertisement -

Uwahoze ari perezida wa Kenya bwana Uhuru Kenyatta kuri ubu wahawe inshingano z’ubuhuza hagati y’u Rwanda na DRC avuga ko ahangayikishijwe cyane no kongera kuzamuka k’umwuka mubi hagati yibi bihugu, avuga ko kandi kongera kuzamuka kw’imirwano hagati ya FARDC na M23 bibabaje kuko abaturage aribo bahatakariza ubuzima.

INKURU WASOMA: Harakurikiraho iki nyuma yuko Dr Congo yongeye kuvogera ikirere cy’u Rwanda?

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles