spot_img

Dore ibintu by’ibanze ukwiye kubahiriza ukimara gukora imibonano mpuzabitsina. 

- Advertisement -

Kenshi usanga abantu baba bazi neza uko bafata abakunzi babo mu gihe bamaze gukora ibikorwa by’urukundo, uburyo bwo kuganiriza uwo mukundana mukimara kuryamana usanga abantu benshi aribyo bafata mu mutwe, ariko burya hari byinshi uba usabwa gukora nyuma y’imibonano mpuzabitsinda, kugira ngo umubiri wawe nawo usubire ugume mubihe byiza.

Nubwo gusinzira, kuganira hagati yanyu, cyangwa kubwirana amagambo meza, byose ari ingirakamaro mu rukundo rwanyu, ariko nanone ukwiye kumenya ko hari nibyo ugomba gukorera umubiri, mu rwego rwo kugira ubuzima bwiza ndetse n’imitekerereze ihamye. Irebere ibyukwiye gukora hano hasi:

- Advertisement -
  • Jya uhita ujya mu bwiherero: igikorwa cyo kwihagarika nyuma y’imibonano wagiye wumva, burya ni ukuri. Nkuko byemezwa na muganga Sunny Rodgers umuhanga mu buzima bw’imyororokere, avuga ko iki ari ikintu cya mbere akangurira buri wese nyuma yo imibonano mpuzabitsina. Kwihagarika ukimara kuva mu mibonano, burya ngo bifasha mu gusukura imiyoboro yose ndangagitsina ndetse bikavanamo na mikorobe zangiza ziba zasigayemo.
  • Ukwiye kwambara umwenda w’imbere utuma umubiri uhumeka: Rodgers kandi akomeza avuga ko mu gihe umaze gukora imibonano mpuzabitsina, ari ngombwa cyane kwambara umwenda utuma imyaka ndangagistina ihumeka neza. Hano atanga urugero nk’imyambaro ikoze mu ipamba. Burya ipanga ngo rifata mikorobe yose ishobora kukwibasira ndetse bigatuma udashobora kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zoroheje.
  • Ganira n’umukunzi wawe: hano Rodgers avuga ko mwene iki kigairo gifasha mukubaka urukundo ruhamye hagati yawe n’umukunzi wawe. Uko uryamanye n’umukunzi wawe haza umuseburo uzwi nka oxytocin uyu musemburo uko mugumana igihe kinini ugenda ubagira umwe hagati yanyu, uku biko urukundo rwiyongera hagati ya babiri.
  • Jya unywa amazi: bitewe nuko imibonano itwara umubiri ingufu nyinshi, bituma amazi agabanuka mu mubiri. Ukwiriye kwiyegereza amazi, rero mu gihe mugiye mu buriri hamwe n’umukunzi wawe cyangwa se mwamara gukora igikorwa ukibuka kujya gushaka amazi. Nubwo bifasha umubiri kugarura imbaraga ariko binagabanya mikorobe zishobora kukwibasira.
  • Jya wibuka gushimira umukunzi wawe: mu rwego rwo gutegura igikorwa cy’ubutaha kugira ngo mwese mujye mumujyo umwe, uzagerageze gushimira umukunzi wawe, ndetse nimugira n’akanya gahagije umutere imitoma, umubwire icyo umukundira. Kabone niyo waba utageze ku byishimo byawe bya nyuma, ntugahite urakarira umukunzi wawe, ahubwo ujye umutera imbaraga. Ibi rero bituma ubutaha mwese muhura mubyishimiye ndetse ntanumwe uba wumva ko ari umuswa.

Muri macye nubwo arizi ngingo zonyine tubabwiye ariko nibyinshi wakora bikagushimisha wowe n’umukunzi wawe, ndetse bigatuma buri nshuro muhuye iba urwibutso mu buzima bwawe bwose.

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles