spot_img

Cristiano Ronaldo yongeye kwibasira ikipe ye ya Manchester united.

- Advertisement -

Cristiano Ronaldo uri mu myaka ye ya nyuma mu mupira w’amaguru amaze iminsi ahanganye n’ikipe akinira ya Manchester united, kuriyi nshuro yagarutse avuga ati ndi icyuma ntawankoraho, mvuga ibyo nshaka, igihe nshakiye. Ibi yabivuze nyuma yaho ikipe ye itangaje ko uyu mugabo ashobora kwirukanwa biturutse ku kiganiro yakoranye na Morgan Piers.

Kuri uyu wa mbere yongeye kugaragara mu itangazamakuru aho ikipe ya Portugal ikambitse muri Qatar. Ronaldo ahita avuga ko ntawamukoraho ndetse ko ari icyuma ati: “mvuga icyo nshaka, igihe nshakiye” uyu mugabo w’imyaka 37 kandi yasabye abanyamakuru ko ibyo yavuze bidakwiye kubazwa undi mukinnyi uwariwe wese mu ikipe ya Portugal, ahubwo abandi bakwiye kubazwa ibyerekeranye n’igikombe cy’isi aho bazamanuka mu kibuga kuwa kane bahanganye n’ikipe ya Ghana.

- Advertisement -

Ikiganiro yagiranye na Piers Morgan cyamaze iminota 90 cyari kiri mu bice bibiri, cyabaye nkaho aricyo gishyize iherezo ku mupira wa Ronaldo mu ikipe ya Manchester united nyuma yaho anenze bikomeye ikipe, abayobozi bakuru, abatoza ndetse na bamwe mu bakinnyi bakinana muri Manchester united. Bidatinze abanyamategeko ba Manchester united bahise batangira zimwe mu nzira z’amategeko zijyanye no gusesa amasezerano asigaye ya Cristiano muriyi kipe, aya masezerano akaba afite agaciro ka miliyoni 16 zama pound.

- Advertisement -

Icyakora ibi ntacyo bibwiye Ronaldo kuko kuri uyu wa mbere yasubiyemo avuga ibyo yavuze byose byari mu burenganzira kuko ntanumwe wemerewe kumubuza kuvuga kuburyo abayego muri Manchester united. Ronaldo ati: “ndi icyuma, mu buzima bwange igihe cyiza kibaho, ni igihe njye nishyiriyeho. Nta narimwe mba ngombwa gutekereza kubyo abantu bamvugaho cyangwa bantekerezaho ahubwo mvugira igihe nshakiye”

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles