spot_img

Uyu muririmbyi ukomeye cyane ku isi ngo nanubu yicuza icyatumye agurisha roho ye kwa shitani. Irebere ubuhamya buteye ubwoba…

- Advertisement -

Mu mpera za 2017 nibwo bwa mbere umuririmbyi ukomeye cyane mu njyana ya Pop ariwe Lady Gaga yatuye bwa mbere avuga ku kijyanye nuko yaba ari umwe mu bagize umuryango w’ibanga wa illuminati, uyu kandi icyo gihe yunzemo avuga ko yicuza ku kuba yaragurishije ubugingo bwe bwa muri uyu muryango ukorana bya hafi na lusiferi.

Uyu muririmbyi wakanyujijeho cyane mu myaka nka 10 ishize amaze igihe arwaye indwara ikaze yitwa “fibromyalgia syndrome” uyu ariko avuga ko iyi ndwara itapfuye kuza gutyo gusa ko ahubwo yaturutse ku myuka mibi yamwinjiyemo igihe yagurishaga roho ye nabo muri illuminati. Kuri we yemeza ko uyu muryango w’ibanga usenga shitani mu buryo bweruye, ibi rero bikaba ari ibintu byabaye agitangira umuziki ataramenyekana.

- Advertisement -

Gusa guhera muri 2016 uyu mugore avuga ko yaje gushyira akamenya neza ko imyuka mibi (dark evil) imurimo ariyo imutera ubu burwayi budashira, arinabwo yiyemeje gusaba padiri kuza bagafata igihe bamusengera kugira ngo iyi myuka mibi barebe niba yamuvamo akongera akaba umuntu muzima. Avuga ko bwa mbere iyo winjira muri illuminati hari imihango ikaze bagukoreraho akaba ari nabwo iyi myuka ikwinjiramo.

Uyu muhanzi yavuze inkuru ye y’ukuntu yinjiye muri uyu muryago ndetse n’ukuntu byanze bikunze baguha ibyo ushaka ariko nawe ukagira icyo wemera kubaha nk’ingurane. Mu gisa nk’ibirori byabereye mu kabyiniro kamwe mu mujyi wa New York muri Amerika Lady Gaga avuga ko muri 2006 ubwo yari amaze kuririmba murako kabyiniro ataramenya icyiza n’ikibi aribwo yinjiye muruwo muryango.

- Advertisement -

Yagize ati: “namanutse kurubyiniro, ndabyibuka igitaramo cyari cyagenze neza cyane, kuko bampaye amashyi menshi ndetse abitabiriye banyeretse urukundo rudasanzwe. Narasohotse ntangira kunywa isegereti ariko njyewe numvaga ndibukurikizeho n’urumogi.

Nifuzaga cyane kugera kuri byinshi, bidatinze nagiye kubona mbona umusaza utari mukuru cyane wiyambariye kositimu za kera nziza, yari yegamye ku gikuta ndetse nawe ari kunywa isegereti, yahise ambwira ati: ‘ndibaza ubu ufite buri kimwe cyose umuntu yakenera, ariko se urumva na biriya’

Lady Gaga hano avuga ko yumvise adasobanukiwe maze akamubaza biriya avuga ari ibiki? Uwo musaza ngo yahise amusubiza ati: “buri kintu cyose, ubwamamare, kumenyekana cyane ndetse n’ubukire, ese waba ubishaka byose?” bidatinze uwo musaza ngo yatangiye kuririmba kamwe mu turirimbo Lady Gaga yatangiriyeho maze uyu mugore yumva agiye muyindi si ndetse atangira gupfukama asaba uwo musaza kumubwira icyo yakora ariko akabona ibyo byose. Nk’umuntu w’umuhanzi yumvaga ikintu cya mbere akeneye ku isi ari ukwamamara, amafaranga ndetse n’imbaraga.

Rero ngo nubwo atari yagasobanukiwe ibyuwo musaza yamubwiraga yahise yemera ati: “yego ibyo byose ndabikeneye, ndetse niteguye no gukora icyaricyo cyose ariko nkabibona” mbere yuko ahura nuyu musaza, Gaga yari umuntu utazwi ndetse nta na gafaranga yagiraga, yatumirwaga mu tubari duciriritse akaba ariho ajya kuririmba ndetse ntiyakundwaga. Umuntu nkuyu rero ikintu yarakeneye kwari ugukundwa no kumenyekana ariko ibyo bizana n’amafaranga, gusa mbere yo kubibona yagombaga gutanga ingurane yibyo yari akeneye. Icyo ntakindi ni “roho ye”

Sibyo gusa kuko muriryo joro Lady Gaga yahise asinya amasezerano ndetse ahita abona kwamamara ari ibintu bishoboka kuri we. iyi roho ye mu kuyitanga byatumye abona ubwamamare yashakaga, akora umuziki urakundwa karahava, byamuhuje kandi n’abaririmbyi bakomeye ku isi bakorana indirimbo nyinshi, ndetse bimuhuza n’aba producers bakomeye bamukorera indirimbo z’ubuhanga. Mu mwaka umwe gusa, uyu yahise aza ku rutonde rw’abaririmbyi bagurishije album nyinshi ku isi ndetse isezerano yahawe abona rigezweho bidatinze, gusa kugeza ubwo ntiyari yakabasha gutahura ikibi kizakurikiraho.

Ntibyatinze kuko mu myaka yakurikiyeho yatangiye kumva mu mubiri we hari ibitameze neza kandi akabura indwara arwaye nyakuri, wasangaga afite ibitaramo ajya kuririmbamo ariko ibyo akabibangikanya no guhangana n’imbaraga z’umwijima zabaga mu mubiri we, yahoraga ahanganye nazo ndetse bigoye kuzitsinda. Ninabwo yaje kubwirwa ko arwaye ya ndwara twavuze hejuru ya fibromyalgia syndrome iyi akaba ari indwara ituma wumva uhorana uburibwe mu mubiri ariko nta ndwara ifatika urwaye.

Iyi niyo mpamvu abantu bose bakura ubwamamare muriyi myuka mibi ngo usanga harigihe kigera bakabaho batishimye kuko baba babana nikintu mu mubiri wabo kidashobora kubaha amahoro, kandi badashobora kwikuramo. Rero bamwe birangira biyahuye cyangwa se abandi ugasanga biyahuje ibiyobyabwenge rimwe na rimwe bikabahitana. Sibyiza rero kwifuza ubutunzi cyangwa ubwamamare bwundi muntu kuko ntuba uzi ubuzima abayemo uko bumeze.

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles