Mu gihugu cya Pologne haravugwa inkuru y’umugore wibarutse abana babiri b’impanga bafite ba papa wabo batandukanye.
Ni ku nshuro ya karindwi ibi bibaye ku isi aho aho umuntu abyara abana b’impanga badahuje ba Se. uyu mugore rero ukomoka mu gihugu cya Pologne ku mugabane wi burayi ngo yibarutse aba bana babiri badahuje ba Se icyarimwe nkuko abaganga bamukurikiraniraga hafi babitangaje nyuma yaho bakoreye ibizamini.
Uyu mugore rero ngo yaba yarahuye n’undi mugabo igihe yaratwite umwana umwe nibwo hahise rero haboneka abana babiri batandukanye yaba kuri ba Se ndetse no ku bitsina dore ko abo bana umwe ari umukobwa undi akaba umuhungu.
Ntabwo bikiri ibitangaza kuko abaganga basobanuyeko ibyo bintu bishoboka cyane rwose ariko bigaragara gake cyane gashoboka.