Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, mukiganiro yagiranye na Breitbart News ku wa Gatandatu yavuze ko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, “byanze bikunze akwiye igihembo cya Nobel cy’Amahoro” kubera uruhare rwe mu gufasha kurangiza intambara yamaze imyaka 30 hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).
Mu kiganiro cyihariye cyabereye muri ambasade y’u Rwanda muri Washington DC, Nduhungirehe yavuze ko iyi ntambara mu burasirazuba bwa DRC ari imwe mu ntambara ndende ku mugabane wa Afurika, ikaba yarasenze igihugu cy’u Rwanda imyaka myinshi. Yavuze ko umuntu wese wagize uruhare runini mu gukemura iyi ntambara, harimo na Perezida Trump, akwiye guhabwa igihembo cya Nobel cy’Amahoro.
U Rwanda si cyo cyonyine gishyigikiye iki gitekerezo; Pakistan nayo yatanze icyifuzo cyo guha Trump icyo gihembo nyuma y’uruhare rwe mu biganiro byarangije intambara hagati ya Pakistan na India. Abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika benshi baramushyigikiye mu guhabwa icyo gihembo.
Ikiganiro cya Nduhungirehe cyabereye muri ambasade y’u Rwanda muri Washington DC, cyabaye nyuma y’amasaha make nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro kuri uyu wa Gatanu i Washington, hamwe na minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner, amasezerano yayobowe n’umunyamabanga wa Leta wa Amerika, Marco Rubio.