spot_img

Ku myaka 42 avuga ko atarigera abonana n’umugabo nubwo yigeze gushinga urugo ariko ntibimuhire.

- Advertisement -

Uyu mugore w’imyaka 42 yatunguye abantu bikomeye nyuma yo gutangaza ko agize iyi myaka yose atarakora imibonano mpuzabitsina na rimwe nubwo yigeze gushaka umugabo ariko bakaza gutandukana.

Yitwa Rhasha akomoka Jacksonville muri leta zunze ubumwe za Amerika, uyu yagaragaye mu kiganiro gisanzwe kizwiho gutumira abagore n’abakobwa bakiri amasugi ariko bagize imyaka yigiye hejuru guhera kuri 30 kuzamura, uyu avuga ko atarabasha gukora imibonano na rimwe ndetse noneho ubu yumva abyifuza.

- Advertisement -

Abajijwe ukuntu yigeze gushaka umugabo ariko akaba atarakoze imibonano yavuze ko uyu bashakanye ataruko bagamije kubana ahubwo bashyingiranywe kugira ngo uwo mugabo abashe kubona ibyangombwa byo kuba muri Amerika. Uyu avuga ko nubwo yashyingiranywe n’uyu mugabo atigeze ararana nawe mu cyumba na rimwe, mu myaka ye yose yemeza ko atigeze agendana n’abahungu cyane kuko batamukundaga bitewe n’umubyibuho ukabije yari afite.

- Advertisement -

Uyu avuga ko uretse ibyo, mu buzima bwe yumvaga nta muntu wamukunda bitewe n’imiterere y’umubiri we bigatuma yumva atifitiye icyizere, uyu yamaranye mu mategeko n’umugabo amezi 10 ariko ngo nta na rimwe bigeze baryamana kuko amasezerano bagiranye atarayo kubana nk’umugore n’umugabo ahubwo byari ugufasha uwo mugabo kubona ibyangombwa byo kuba muri Amerika.

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles