Hari igihe umukobwa agutera indobo, ukumva isi igusambutseho. Ariko niba umukunze ukiri inyangamugayo kandi wifuza ko yisubiraho, dore ibintu 6 ushobora gukora akazongera kukwifuriza kuba uwawe:
1. Kwiyubaka no kwiyitaho
Niba umukobwa amaze kukwanga tangira witonde, wiyiteho, wambare neza, ukore siporo, uharanire kwiteza imbere. Umukobwa abonye wabaye umusore wiyubashye, atangira kugucungira hafi ngo arebe ko mwasubirana.
2. Kwitwara neza n’ubwitonzi
Ntukamwereke ko wababaye cyangwa wamurakariye. Garagaza ko uri umusore utuje kandi uzi gufata ibintu mu kinyabupfura.
3. Kwerekana ko ubaho utamukeneye cyane
Ntugakomeze kumwirukaho buri munsi. Korera ejo hawe heza, ugaragare ko ubaho neza niyo waba utamufite.
4. Gusabana n’abandi neza
Jya ugaragara nk’umusore uganira n’abandi, umeze neza, unifuzwa n’abandi. Umukobwa yifuza umusore ugaragara ko akunzwe n’abandi.
5. Guhindura imyumvire
Ntukamwereke ko ariwe wenyine ushobora kugukunda. Garagaza ko uzi icyo ushaka kandi ufite intego mu rukundo.
6. Komeza kuba umuntu w’icyitegererezo
Icyubahiro cyawe, uburyo wiyitaho, uko ugaragara, byose bigaragaze ko uri umuntu ufite agaciro.
Ntugakunde ku gahato cyangwa ngo wigire igikoresho. Umukobwa mwiza si ugusubiyeho, ni uhitamo igihe agaciro kawe kakomeje kwiyongera.