spot_img

Abantu 16 bishwe, abandi 400 barakomereka mu myigaragambyo yabaye muri Kenya

- Advertisement -

Nairobi muri Kenya, Abantu 16 barishwe naho hafi abandi 400 barakomereka nyuma y’uko abantu ibihumbi bigabije imihanda yo muri Kenya ku wa Gatatu bamagana Leta, Umubare w’abapfuye wemejwe kuri uyu wa Kane n’umuyobozi wa Amnesty Kenya, Irungu Houghton, mu kiganiro yagiranye na CNN.

Aba bigaragambyaga bibukaga umwaka ushize w’imyigaragambyo yo mu kwezi kwa Kamena 2024, aho abaturage bigaragambyaga bamagana umushinga w’itegeko ry’imisoro, imyigaragambyo yasize abantu benshi bishwe, bitera uburakari mu gihugu hose.

- Advertisement -

Iyo myigaragambyo y’umwaka ushize yatumye Leta isubika umushinga w’itegeko ry’imari ryari riteganya kuzamura imisoro. Ariko kugeza n’ubu, urubyiruko rwa Kenya ruracyafite uburakari bukabije kubera ibikorwa bikekwa byo guhohotera abaturage n’inzego z’umutekano, birimo urupfu rwa mwarimu wapfiriye mu maboko ya polisi n’amasasu yarashwe ku mucuruzi wo ku muhanda utari witwaje intwaro.

- Advertisement -

Ku wa Gatatu, abantu ibihumbi bigaragambirije i Nairobi, Mombasa n’utundi duce dutandukanye, bibuka isabukuru y’iyo myigaragambyo. Muri Nairobi, imihanda ijya ku Nteko Ishinga Amategeko no ku biro by’umukuru w’igihugu yari yafunzwe mbere y’uko imyigaragambyo itangira.

CNN yemeje ko polisi yarashe amasasu ya nyayo kugira ngo ishegeshe abigaragambyaga bari batekanye, mu gihe Ikigo Ngenzuramikorere cy’Itumanaho cya Kenya (Communications Authority) cyategetse televiziyo na radiyo byose guhagarika kwerekana imyigaragambyo ya rubanda mu buryo bwa Live.

Abigaragambyaga benshi berekanye ibirindiro by’amasasu polisi yarashe. Polisi kandi yakoresheje imyuka iryana mu maso ndetse n’imodoka zisuka amazi menshi kugira ngo ibatatanye, ibintu bisa nkibyabaye umwaka ushize.

Icyo kigo cya Leta cyatangaje amakuru atariyo kivuga ko kugaragaza imyigaragambyo mu buryo bwa Live binyuranyije n’amategeko, kikanashyiraho ibyago byo gufatira ibihano ibitangazamakuru byabirenzeho.

Amashyirahamwe y’abaturage muri Kenya yamaganye icyo cyemezo, agatangaza ko gifite ishingiro ryo kunyuranya n’itegeko nshinga, kuko kugaragaza imyigaragambyo mu buryo bwa Live bifasha gukumira ihohoterwa rikabije n’iyica rubozo, kuko ibikorwa byose biba byerekanywe kandi byanditswe, bigafasha kubazwa inshingano.

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles