spot_img

Rutahizamu wa Liverpool, Diogo Jota, yapfuye azize impanuka y’imodoka

- Advertisement -

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Portugal ryatangaje ko “riri mu gahinda” kubera urupfu rwa Jota n’umuvandimwe we Andre Silva.

Diogo Jota, wakiniraga Liverpool n’ikipe y’igihugu ya Portugal, yitabye Imana afite imyaka 28.

Urupfu rwa Jota hamwe n’umuvandimwe we Andre Silva, nawe wari umukinnyi w’umupira w’amaguru wakiniraga ikipe ya Penafiel, rwatangajwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Portugal.

- Advertisement -

Liverpool nayo yatangaje ko “Yatunguwe kandi ibabajwe bikomeye n’urupfu rutunguranye rwa Diogo Jota.”

Nk’uko ibinyamakuru byo muri Esipanye bibitangaza, aba bombi bapfuye nyuma y’impanuka y’imodoka barimo yabereye ahitwa Zamora, muri Esipanye.

- Advertisement -

Related Articles

- Advertisement -spot_img

Latest Articles